Umudamu witwa May, ni Umushinwa wimukiye muri Amerika. Ageze muri amerika, yagiye mubushabitsi bw’ubucuruzi bw’ama restaurants, ubu afite resitora eshatu zateye imbere ziteka ibyo kurya bituruka iwabo mu bushinwa. Umunsi umwe, yahuye n’abavugabutumwa, bamwigisha ukuri kw’isabato ivugwa muri Bibiliya. Yizeye rwose ko itegeko ryo kuruhuka kw’isabato n’ubundi rifite agaciro kugeza ubu.
Kuva ubwo yafashe umugambi wo kuyiruhuka n’ibye byose, harimo no gufunga restaurant ze ntizikore uwo munsi. Gufunga ubucuruzi kw’isabato kandi ariwo munsi yabonaga abakiriya benshi kuruta indi yose, byagombaga kugira ingaruka ku mishahara y’abakozi, kandi byamusabaga ndetse no kwihanganira gutakaza inyungu yabonaga kuri uwo munsi.
Ubwo yamaraga gufata uwo mwanzuro wo kureka gukora ku munsi wera, satani yamugerageresheje ibihombo byinshi, Nyamara May yakomeje kwizera ko kumvira Imana biri hejuru ya byose. Buhoro buhoro kandi yizeye, amaherezo, resitora eshatu za May zatangiye kwunguka cyane. Uyu munsi atanga ubuhamya avugako resitora zimuzanira inyungu nyinshi kuruta cyane iz’igihe zakoraga iminsi yose harimo no ku munsi w’isabato!
“Nuhindukira ntukandagire isabato, ukanga gukora ibyo wishakiye ku munsi wanjye wera, ahubwo ukita isabato umunezero, umunsi wera w’Uwiteka ukawita uw’icyubahiro ukawubaha, ntube icyigenge ntiwishakire ibyo kwinezeza, ntiwivugire ibyo ushaka ku bwawe, 14 nuko uzishimira Uwiteka nanjye nzaguha kurambagira mu mpinga z’igihugu, kandi nzagutungisha gakondo ya sogokuruza Yakobo.” Akanwa k’Uwiteka ni ko kabivuze.” Yesaya 58:13-14
Isaiah 58:13-14

