HOMESICK - Inspired by Lillian Alling

Inkuru Zihindura Ubuzima 18 Ugushyingo, 2024

Muvandimwe,

Yesu yaduteguriye aho tuzaba mwijuru. Abafilipi 3:20 haravuga ngo “Ariko twebweho Iwacu ni mwijuru, niho dutegereje umukiza ko azava ari we mwami Yesu Kristo” Intwari zo kwizera zari zizi igiciro cy’iyo gakondo nziza kandi zigaragaza kwizera no kwihanganira urwo urugendo rugana aho hantu bateguriwe n’Imana. ”Abaheburayo 11:13-16. Haravuga ngo;

“Abo bose bapfuye bacyizera batarahabwa ibyasezeranijwe, ahubwo babiroraga biri kure cyane bakabyishimira, bakavuga ko ari abashyitsi n’abimukīra mu isi. Abavuga batyo baba berekana yuko bashaka gakondo. Iyo baba barakumbuye iyo bavuyemo, baba barabonye uburyo bwo gusubirayo. Ariko noneho barashaka gakondo irusha icyo gihugu kuba cyiza, ari yo yo mu ijuru. Ni cyo gituma Imana idakorwa n’isoni zo kwitwa Imana yabo, kuko yabiteguriye umudugudu”

Muvandimwe kandi nshuti, Waba witeguye ute gukora urugendo rugana muri gakondo yo mwijuru? Mbese ujya wumva nawe ukumbuye iwanyu mwijuru nkuko Lilian yakumbuye iwabo akiyemeza gukora urugendo rw’gatangaza?

Icyo dusengera:

Mwami, umpe gukumbura cyane mw’iijuru aho waduteguriye, ku buryo nta kintu na kimwe gishobora kumbuza kugerayo. Amen

Cyateguwe na Pr. Mupenzi Esdras

    16 comments

  • | November 18, 2024 at 2:45 pm

    Amen

  • | November 18, 2024 at 3:00 pm

    Uko urugendo rwaba ruruhije kose impamvu igutera kurugenda niyo igusunikira kururangiza

  • | November 18, 2024 at 3:07 pm

    Murakoze cyane

  • | November 18, 2024 at 3:27 pm

    Dushikame imuhira ni bugufi.
    Uyu mukobwa tumwigireho gukumbura iwacu heza, ho mumahoro.

    • | November 18, 2024 at 3:55 pm

      Murakoze mwese kubw’ibitekerezo.

    • | November 18, 2024 at 3:56 pm

      Turabashumiye kubemw’ibitekerezo byanyu.

      • | November 18, 2024 at 9:34 pm

        Imana ishimwe kandi bidatinze igihe kutumara urukumbuzi maze twibanire iteka

  • | November 18, 2024 at 5:51 pm

    Yoooh! Imana ishimwe cyane ko yaduteguriye iwacu heza hataba imiruho. Reka dutekereze aho heza, maze dusabe Mwuka Wera imbaraga kandi dukomeze urugendo tudacika intege, kabone n’ubwo hari byinshi byaduca intege, ariko Yesu arahari ngo adukomeze. Amen! Reka tumwiringire muri byose!

  • | November 18, 2024 at 6:08 pm

    Aman. Urakoze cyane Pastor Esdras.
    Dukumbuye kujya iwacu pe. Blessed

  • | November 18, 2024 at 7:20 pm

    Murakoze cyane kubwo message nzi itwereka ko ijuru ririho Kandi byashobokako tuzaritaha. Imana ibidushoboze

  • | November 18, 2024 at 7:33 pm

    Wow, harimo guhugurwa, n’ubumenyi bukangura intekerezo ku basomyi, n’uburyo bwiza cyane bwa Audio well prepared, big up.
    God bless you.

  • | November 19, 2024 at 8:33 am

    Imana iguhe umugisha Pr

  • | November 19, 2024 at 3:13 pm

    Iwacu Si inaha,iwacu ni mu ijuru,ndarikiye umugenzi wese gukora nk’abo mugihugu cyo mu ijuru.

  • | November 19, 2024 at 5:48 pm

    Imana iduhe imyiteguro myiza, natwe dukumbure gutaha Iwacu mu ijuru.

  • | November 19, 2024 at 7:42 pm

    Amen, Murakoze cyane Pastor,
    Lillian Alling yarafite kwiyemeza kutagamburuzwa
    Natwe nk’abagenzi berekeza iwacu mu ijuru tugire uku kwiyemeza tudacogora.

  • | November 25, 2024 at 11:54 am

    Merci beaucoup.

Leave a Reply to Pr Ngabo Getard Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *