Icyumweru cyahariwe Ubuzima

"Ukundwa, ndagusabira kugira ngo ugubwe neza muri byose, ube mutaraga nk’uko umutima wawe uguwe neza" - 3 Yohana 1:2

Event 31 Mutarama, 2025

Mu Itorero ry’abadventiste b’umunsi wa 7, Umurimo w’ivugabutumwa, ukorwa mu buryo butandukanye burimo ivugabutumwa rusange, ivugabutumwa rinyuze mu burezi, gufasha abatishoboye, ivugabutumwa rinyuze mu buvuzi nk’umurongo wo Kwita ku buzima cyane cyane ko aribwo buryo Kristo yahaga imbaraga. Muri Bibliya, tubona ko bitangaza Yesu yakoze ari kwisi ibyinshi muri byo ni ibyo kurokora ubuzima. Twavuga nk’igihe yahumuraga impumyi muriYohana 11:6-11 ndetse n’ahandi henshi hatandukanye. N’ubwo bamwe bita ku buzima igihe barwaye.

Itorero ry’ Abadventiste b’umunsi wa karindwi bizera ko ubuzima bwiza bushingiye ku kwirinda. Kuko kwirinda biruta kwivuza. Ni muri urwo rwego, intara y’ivugabutumwa ya BUKAMBA, Filidi y’amajyaruguru y’urwanda, ku bufatanye n’ikigo cy’amashuri cya GS MAYA II, Ikigonderabuzima cya RUGARAMA, N’IKIGO CYO GUFASHISHA AMARASO cyo mu karere ka MUSANZE, hateguwe icyumweru cyahariwe ubuzima, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “UBUZIMA BWIZA NI IMPANO Y’IMANA, TUBWITEHO”

Muri iki cyumweru cyatangiye kuwa 12, Mutarama 2025 hatanzwemo ibiganiro bitandukanye birimo:1. Ibyibanda ku buzima 2. Gutura heza 3. Kwihaza mu biribwaMuri iki cyumweru kandi hishyuriwe abantu 100 ubwisungane mu kwivuza.

Mu gusoza, kuwa 19, Mutarama 2025, hakozwe urugendo rushishikariza abantu kwita ku buzima. hipimishije indwara zitandura abantu 81, kandi abantu 37 batanze amaraso yo kurengera indembe ziri kwa muganga ziyakeneye.

Yaba abakurikiranye ibiganiro, abafashijwe n’abipimishije, banyuzwe n’ibyakozwe. Abayobozi bafata ingamba zo gukomeza ivugabutumwa mu mashami atandukanye, ntihibandwe ku buryo bumwe gusa bumenyerewe.

Video Source: https://www.youtube.com/watch?v=XpuaQKVwfgM

3 yohana 1:2

"Ukundwa, ndagusabira kugira ngo ugubwe neza muri byose, ube mutaraga nk’uko umutima wawe uguwe neza"

Umwanditsi:

NGABOYISONGA JEAN MARIE VIANNEY BUKAMBA DL 44 Large

Pr NGABOYISONGA JMV

Umuyobozi w' Intara y' Ivugabutumwa ya Bukamba

    8 comments

  • | January 31, 2025 at 2:11 pm

    Iki gikorwa ni cyiza, birakwiye ko buri mwaka cyakabaye kigaruka kuko ni ivugabutumwa rikomeye.
    Murakoze

  • | January 31, 2025 at 2:31 pm

    Thank you for this initiative. May God reward you.

  • | January 31, 2025 at 2:43 pm

    Imana ikomeze
    Kwagura impano nziza yanyu.

  • | January 31, 2025 at 2:53 pm

    Mukomerezaho nigikorwa cyindashikirwa.

  • | January 31, 2025 at 2:59 pm

    Mwarakoze cyane. Mwadutsinze icy’ umutwe natwe tuzabigiraho.

  • | January 31, 2025 at 3:07 pm

    Birakwiyeko itorero rikomeza muri uyu mujyo. Ni byiza ko dukomeza kwita kubaturage no kubafasha kubaho imibereho ihuje no gushaka Kwa Yesu.
    Uwiteka abahe umugisha kdi n’ abandi turakomereza aho.

  • | January 31, 2025 at 6:25 pm

    Iki gikorwa ni cyiza cyane
    Imana ibahe umugisha bayobozi mwabigizemo uruhare!

  • | January 31, 2025 at 7:06 pm

    Uwiteka ahe umugisha mwe mwagize uruhare kugira icyo gikorwa kibe

Leave a Reply to Abayisenga Jotham Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *