Taliki ya 15-16/01/2025, ku biro bya Field y' amajyaruguru y’Urwanda habereye inama isoza umwaka wa 2024. Iyo nama isanzwe iba mw’iherezo ry’umwaka, yayobowe na perezida wa Field Pr.Setako Sophonie, hari n’abatumirwa b’urwego rubakuriye ari rwo rwa yunyoni y’Urwanda bayobowe na president wa Union Pastor Doctor BYIRINGIRO Hesron.





[Uturutse Iburyo werekeza Ibumoso]
Pr. Samuel NGIRINSHUTI (RUM Executive Secretary), Pr. SETAKO Sophonie (NRF President), Pr. Joseph SEBAHIRE(RUM Treasurer),Venuste TWAHIRWA(Associate Treasurer), Janvier NDAYAMBAJE(Associate Treasurer),
Insanganyamatsiko yashizwe ahagaragara izagenderwaho muri uyu mwaka ni “Twahamagariwe gukiranuka.” Ikaba ishingiye ku isomo riri muri Mu byahishuwe 2:10 havuga ngo “Ariko ujye ukiranuka ugeze kugupfa, nanjye nzaguha ikamba ry’ubugingo.” Muri iyo nama harimo ingingo nyinshi zaganiriweho ariko zose zikaba zifataniriza hamwe mu kureba uburyo umurimo w’ivugabutumwa itorero ryahamagariwe ugomba gutera imbere. Uwo murimo ufasha itorero guhindura abantu abigishwa maze bakitegura kugaruka kwa Yesu Kristo kwegereje(Matayo 28:18-20, Ibyak 1:8, Ibyahishuwe 14:6-12).
Inama yashoje Umuyobozi wa Union y’ Urwanda ashimira ibyakozwe byose mu mwaka wa 2024, kandi anashishikariza abitabiriye inama ko bakwiriye kugirira icyizere Imana yabahamagaye, kandi ko yiteguye kubakoresha ibitangaza mu murimo wayo.
Ubwo Imana iri muruhande rwacu, umubisha wacu ninde? Abaroma 8:31
Umwanditsi:

4 comments
This meeting was very interesting.
The meeting was very interesting.
Imana Data wa twese izagushoboze kugeza ku ntego Kandi nkuko twabamagariwe kugira Kwizera kubwe ibyiringiro bimwe mwuka wera atube hafi kandi buri wese muritwe mu nagize itorero intego nukugira uwo agarurira Kristo, muri uyu mwaka wa 2025.
Imana izanshobize nawe igushoboze.
Mwarakoze cyane, natwe tuzakomeza gushyigikira itorero