Bibiliya ntabwo yongera kugaruka ku izina ry’umudiyakoni witwa Nikolawo wari kurutonde rw’abadiyakoni barindwi bambere. Ariko inyandiko zimwe na zimwe z’amateka, zanditswe n’abayobozi b’itorero rya gikirisitu nyuma y’igihe cy’intumwa, barimo nka Irénée, Tertullien, Kelementi wa Alegizandiriya, Hippolyt, Epifaniyo, na Theodoret, zemeza ko uyu Nikolawo, ariwe washinze dini y’abanyanikolayiti. Mugihe cya Yohana, abagize iryo tsinda ry’imyizerere ya Nikolao bagaragaye mw’Efeso n’Iperugamo (Ibyahishuwe 2:6,15)
Mu myizerere yarangaga Abanyanikolitani harimo ukutubahiriza nkana amategeko y'Imana. Imyigisho ishingiye ku myumvire y’ Abanyanikolayiti yigisha abantu ko ntacyo bitwaye, Ibyo umuntu yakora byose. Bavuga ko icyo Imana ikeneye ari umutima gusa. Inyigisho nkiyo, kubera ko yororohereza abantu gukora ibyo irari ryabo ribategeka, benshi barayishigikira kugira ngo bacecekeshe umutimanama wabo. Dusoma mu gitabo cy’Ibyahishuwe ko Kristo yangaga imirimo mibi y’abanya Nikolayiti. Kandi abantu banga imirimo y’abo, Imana irabibakundira.
“Ariko rero ufite icyo ngushimira, ni uko wanga imirimo y’Abanikolayiti, iyo nanjye nanga."
Ibyahishuwe 2:6

